Kuva mu buto bwanjye,
Sinigeze ndahira mbikinisha,
Simbisanganywe sinanabikuriyemo
Sinabyize sinanabitojwe.
Ariko rwose reka ndabivuga,
Ni ukuri kwa Mungu twasubiye ibumuntu.
Ibaze cya gihe twabaye mu myobo
Baduhiga nk’uhiga inyamaswa
Twiruka mu bihuru nk’abajura,
Badutuka batumenera amaraso
Badutwika batumanika
Badutema, badusahura
Imirambo ntibayihambe
Impinja bakazireka aho
Zikarira zikabura uzihoza
Zikicwa n’inzara
Bake muri twe tugasigara
Twigunze twarashize ubumuntu,
Isura yacu yarijimye
Indirimbo ari imiborogo
Imitima yaranambye
Imitoma yarasibamye.
Mana, turababara, turarindagira.
Ariko igihe kirakiza
Bya bikomere biratubabaza ariko turashinyiriza
Twiyemeza kwigarurira ubumuntu
Bagiye kubona, babona iryinyo rimwe.
Bukeye babona irindi,
Amezi atuzuye babona yose, tuba turamwenyuye.
Bakatureba bakibaza ukuntu ushobora kumwenyurana ibikomere,
Bitazigera biba inkovu,
Barumirwa.
Hashize undi mwanya, babona turisize.
Cya gihe isi yose yari yaratwanze
N’ayo mavuta ntiyafataga.
Babona arafashe tubaye abantu.
Na twe turahumuye.
None se wagira ute?
Bambe rwose tugarura ubumuntu.
Abari bakiri bato tujya kw’ishuri turiga,
Bari bazi ko ubwonko bwacu babutabye.
Babona ikaramu turacyazi kuyifata, babona turatsinze,
Dutsindanye ihahamuka,
Uwa mbere uwa kabiri uwa gatatu turazamutse.
None se wagira ute ?
Yewe n’uwatsinzwe yabaga yagerageje.
Akihagararaho agashaka ibindi,
Akaruhuka abonye icyo ashoboye.
Erega iyo uriho uba uriho shenge.
Uko kurokoka kwacu ntikwanyuze bamwe
Imijinya irabica bata umutwe,
Kandi iyo bawutaye bata n’umuco
Bati noneho mureke tubababaze
Dusibe ababo burundu,
Dusibe amateka yabo tuyapfobya tuyavanga
Batangira kutubwira ko uko twapfuye atari ko twapfuye,
N’uko twakize atari ko twakize.
Biranga biba iby’ubusa, basanga bitarubabaza ariko turiho
Si kwa kundi kwa kera bari bafite imbaraga zo kutwica cyangwa se kudukiza
Na twe turavuga isi ikatwumva.
Turandika, isi ikadusoma.
Dutanga ubuhamya, isi ikabufata.
Isoni zo ntazo bagira,
Ariko ikimwaro kirabatamaza.
Erega twabaye abantu.
Reka nongere ndahire,
Simbikunda ariko kuri ino ngingo biraryoha.
Nu ukuri kwa byose twarongeye twisubiza bwa bumuntu.
N’ubwo dufite ibikomere bitazigera biba inkovu.
Umva yewe bari bazi ko tutazongera kugira ibirori
Babona natwe turihandagaje,
Amakwe yacu akaba meza
Udafite umusaza umuvugira akamutira
Utagifite nyirasenge akisenga
Utagituye mu gihugu akakimura
Utagifite Epfo na Ruguru akiyambaza Hirya no Hino
Agasaba agakwa
Agashyingira agatwikurura.
Rwose twabaye abantu.
Wenda ntitwibagiwe,
Ntibinashoboka.
Tuzahora twibuka.
Wenda ntitwahoze,
Kugeza n’ubu hari igihe amajoro atubanye insobe,
Byose bikongera bikivanga
Tukarira tugahwera,
Ariko rwose twasubiye ibumuntu.
None se twagira dute ?
#kwibuka24
Bazageraho baganye , ibaze nawe nta ki mwaro bagira bavurse mbere y’isoni